RUHAGOYACU.com RUHAGOYACU kuri Youtube RUHAGOYACU kuri Twitter RUHAGOYACU kuri Facebook
Amakuru ashyushye Yanditswe kuya 24-05-2013 saa 27:32'  -  Mukura VS abakinnyi 3 bahagaritswe, 5 barasezererwa bashinjwa kwigumura  |  Yanditswe kuya 24-05-2013 saa 20:18'  -  Ni iki cyihishe inyuma yo kudahamagarwa kwa MUGABO mu Mavubi?  |  Yanditswe kuya 22-05-2013 saa 18:40'  -  Papy muri Rayon Sports, Iranzi muri Yanga n’ibindi bihuha by’ama transfert mu Rwanda  |  Yanditswe kuya 21-05-2013 saa 29:17'  -  CECAFA Kagame Cup: APR FC mu itsinda ry’urupfu  |  Yanditswe kuya 21-05-2013 saa 17:11'  -  Rutaremera yatengushye abakunzi ba Musanze- Ferwafa ikomeje kuba ku izina gusa
Abafana b’amagare mu Rwanda ari aba mbere muri Afurika
Print Views: 338 Share on Facebook Share on Twitter Text Size

Jean Claude Umugwaneza

Umunyamakuru w’icyamamare hano mu Rwanda, Jean Lambert Gatare iyo yogeza umupira akabona ikintu kidasanzwe, akunda gukoresha amwe mu magambo ngo uyu muntu ntasanzwe, ntabaho ndababwiye, uyu si umuntu n’andi menshi akundwa n’abamukurikira.

Amagambo ajya kumera nk’aya twayatangarijwe n’umutoza w’ikipe y’igihugu ya Tanzaniya y’abanyonzi, bwana Godefrey Mhagama, ubwo amarushanwa yitiriwe kwita izina yasozwaga.

Uyu mutoza atangaza ubwiza bw’amarushanwa yabeye mu Rwanda yemeza ko adasanzwe ugereranyije n’igihugu kiyategura.

Uyu mutoza ati : « nitabiriye amarushanwa menshi yo muri afurika ndeba ubushyuhe(ambiance) buba buyagize haba muri Tanzaniya iwacu, uganda, kenya, afurika y’epfo, Senegali, Namibiya n’ahandi, abanyarwanda ntibabaho».

Nk’uko uyu mutoza abivuga ngo ntibisanzwe kubona imihanda iba yuzuye kuva i kigali ukagera i Rubavu abantu bogeza kandi bishimye ku buryo n’abakinnyi baba babukereye cyane bashyuhijwe n’imbaga iba abari inyuma.

Ku bw’uyu mutoza yifuza ko amarushanwa menshi yajya ategurwa neza nk’u Rwanda kuburyo bazagera k’urwego nk’urw’Iburayi.

Yagize icyo avuga kandi k’umukinnyi Daniel Teklehaimanot watsinze amarushanwa yo kwita izina ati :uyu mugabo si umuntu uri k’urwego rwa hano muri afurika bigaragara ko yabigize umwuga koko , kuko biboneka ko asumbije abandi urwego rw’imikinire».

Ntitwasoza iyi nkuru tutababwiye tumwe mudushya twaranze irushanwa kwita izina

1)Umwana yagonze imodoka

Ubwo amarushanwa yari ageze hafi yo ku Mukamira umwana muto yashatse kwambukiranya umuhanda atarebye neza aho imodoka zituruka agonga imodoka ya kwasteri(coaster), arababara agira n’udukomere duto.

Abari aho bemezeza ko ari amahirwe akomeye kuba iriya modoka itaramugonze kuko byari kuba ari ibintu bibi cyane, kuko bamwe bari batangiye kwifata mu maso bibwira ko yamugonze.

2) Rubavu yose yari mu icuraburindi kugeza saa mbiri z’ijoro

Mu gihe abasiganwa bageraga mu mugi wa Rubavu, baherekejwe n’abashyitsi benshi baturutse imihanda yose nta muriro w’amashanyarazi waharangwaga kugeza mu ma saa mbiri z’ijoro.

3) Daniel Teklehaimanot umugabo udasanzwe

Ubwo amagare yavaga i Rubavu yerekeza i kigali, abasiganwa bendaga kugera ishyorongi igikundi cyari imbere cyirangajwe imbere na Adrien Niyonshuti, uyu mugabo Daniel Teklehaimanot yarushwaga iminota igera kuri ibiri n’igice.

Uburyo yabafashe akanabanakinira na nubu riracyari ihurizo kubabireba, bemeza ko yagurutse nk’umwambi.

4)Umukino w’amagare uratangaje

Mwari muzi ko mu mukino w’amagare habamo ba rutahizamu(les attaquants),abo hagati (les milieux) na ba myugariro(les défenseurs) ?

Inkuru bijyanye

Amagare: Irushanwa ryo kwita izina Daniel Teklehaimanot uwa mbere mu bihe byose

Ushobora kudukurikira ukoresheje Twitter cyangwa Facebook ukamenya amakuru yose y’imikino isaha ku yindi.


  • AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
    Andika Izina na E-mail yawe ahabugenewe
    Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na RuhagoYacu.com
    Iyo igitekerezo cyawe kitajyanye n’inkuru cyangwa gitandukiriye amahame agenga abasiporitifu kirasibwa.
    Murakoze!

Urutonde rwa shampiyona y’icyiciro cya mbere 2012 - 2013.
Shampiyona igeze ku munsi wa 24
Nimero Ikipe Imikino Amanota
01 RAYON SPORTS 25 57
02 POLICE FC 25 52
03 APR FC 25 45
04 Mukura VS 25 41
05 La Jeunesse 25 39
06 As Kigali 25 36
07 Kiyovu 25 34
08 Musanze 25 33
09 AMAGAJU FC 25 30
10 As Muhanga 25 26
11 Espoir 25 25
12 MARINES FC 25 21
13 Etincelles 25 18
14 Isonga 25 15
Urutonde rurambuye