N Madjaliwa
Nyuma y’ubukwe bw’igitangaza hagati y’umukinnyi wa filimi mu gihugu cya Tanzania Irene Pancras Uwoya hamwe n’umukinnyi wakanyujijeho mu mupira w’amaguru mu Rwanda, Hamad Ndikumana ‘Kataut’.

Amakuru dukesha ikinyamakuru, Risasi nuko urugo rwabo rwasenyutse, ibyo byabaye ku cyumweru tariki ya 13/11/2011, nyuma yo gushakana urugo rwabo ruhoramo impaka nyinshi, ndetse na bimwe baba batumvikana.
Uwahoze ari umugore wa Katauti ubu arabarizwa mu mujyi wa Dar es Salaam , mu gace bita Mbezi, aho yatangarije abanyamakuru ko yamaze gutandukana na Ndikumana Hamad.

Irene Uwoya abajijwe icyatumye atandukana n’umugabo we yatangaje yuko kuva yashakana na Katauti ngo ntarigera agira ibyinshimo mu buzima bwe! Ati sinigeze mukunda mbikuye ku mutima ngo kwemera gushakana nawe ni nkaho nabihatiwe.

Abajijwe nyuma yo gutandukana na Katauti arapanga iki mu buzima, ngo hari umuntu akunda cyane kandi yumva yaramwihebeye! naho kuba atandukanye n’umugabo yabanaga nawe yiteguye ate uko abantu bazabyakira: ati ndabizi ko abantu bazavuga cyane ariko ngo niwe wagiraga ikibazo cyo kubana n’umuntu adakunda.
Irene Uwoya ati ahubwo narihanganye kubana na Ndikumana Hamad imyaka ibiri n’igice. Ndikumana na Irene babyaranye umwana umwe witwa Krish ubu urerwa na nyirakuru.

Irene na Ndikumana basezeranye imbere y’Imana mu rusengero rwa Joseph Mutagatifu hari tariki ya 11 Nyakanga 2009 , ibirori byabereye Hoteli ya Giraffe View, iherereye Mbezi Kawe, mu mujyi wa Dar es Salaam.
Ubukwe bwanditswe mu biyamakuru bitandukanye ko aribwo bukwe buhenze bwaba star bwabayeho mu gihugu cya Tanzania kuko bwatwaye Miliyoni 80,000,000 za mashilingi ya Tanzania.
Bahise bajya gutura mu gihugu cya Cyprus, mu mujyi wa Nicosia, aho Ndikumana yakinaga umupira w’amaguru mu makipe atandukanye nka AEL Limassol nyuma agakinira ikipe Apop Kinyras Peyias FC.
Tariki ya 8 Gicurasi 2010, Uwoya yibarutse umwana w’umuhungu bamwita (Krish) yamubyariye mu bitaro bya Regency, Upanga, Dar es Salaam.
Nubwo bari batuye i Burayi uwo mugore yagiye arangwa no kugaruka cyane mu gihugu cya Tanzania, aho yabwiraga umugabo we ari muri gahunda zo gukina Filimi ndetse Katauti yashatse ku mubuza ariko aramwangira!
Amafoto dukesha: Global Publishers
Kuya 22-05-2013 saa 11:40
Papy muri Rayon Sports, Iranzi muri Yanga n’ibindi bihuha by’ama transfert mu Rwanda
Kuya 21-05-2013 saa 22:17
CECAFA Kagame Cup: APR FC mu itsinda ry’urupfu
Kuya 21-05-2013 saa 10:11
Rutaremera yatengushye abakunzi ba Musanze- Ferwafa ikomeje kuba ku izina gusa
Kuya 19-05-2013 saa 22:31
Bakame aratangira imyitozo mu minsi mike
Kuya 19-05-2013 saa 11:59
Stade Kamena ingwa neza- Gaby
|
gatete eugene Kuya 2-04-2013 saa 08:41'
|
|
paul Kuya 7-03-2013 saa 16:09'
|
|
-####- Kuya 13-12-2012 saa 05:11'
|
|
Twe Kuya 7-11-2012 saa 04:52'
|
|
Jean Kuya 8-10-2012 saa 10:27'
|
|
Karamira Joseph Kuya 4-10-2012 saa 13:33'
Ingo zabantu batari bake zaratewe n’umwansi yitwa satani. Kandi umuntu adasenga nawe Satani aramutera cane. Kandi ntihakagire uwufatira kuri ivyo vya Irene na Katauti. Hama namba koko barahezagiwe imbere y’Imana, bahukane bazi ko kizira gusubira kurongora uwundi mugore canke kurongogwa n’uwundi mugabo kuko bazoba bakoze icaha co gusambana kiretse namba bahora babikora. Ariko ntacaha kidaharigwa mugihe umuntu yisuzumye hama akihana |
|
Djgoldenheart(Germany) Kuya 17-11-2011 saa 07:14'
Erega ibyo byago biri mungo zose zo kuri iyisi, ni ukubifata uko bimeze. kera ku bwa ba Sogokuru na Ba Nyogokuru na ba Byeyi bacu.iyo abantu bashingaga urugo, byerekanaga ko ni ukubaka umuryango wabo bakazatandukanywa nu rupfu. kuri Generations nshya , ni ukuzuza umurongo kandi bya baye ibyi izina. iyo Ushatse ukurusha za kashe ni ukumarana igihe gitoya gusa. na Benshi mbibona hano i Burayi, murashakana agahita abara imyaka muza marana igira nko kuri itatu hanyuma mugatandukana . ibyo kuvuga kuwo mutegarugori ngo ntabwo yamukundaga , ngo bashakanye kumuhato arabeshya . yashakaga kureba za kashe Uwo musore yari afite muri konte ye kugirango niba batandukanye ngo bazigabane, kurubungubu nta bagishakana kumihatire yaba Byeyi babo nka kera.Umuntu arishakira uwo akunda maze bagakundana nyuma bagashakana.Ntabyo kwihutirwa nkakera bikiriho. nareke kutubeshya cyangwa ngo abeshyere mwene wacu. |
|
RUTAREMARA Jules Kuya 17-11-2011 saa 02:37'
Sha Katauti rwose nkwibwirire rwose nkimara kubana filme ya Oprah nkazakumva ko washakanye na Irene nukuri nahise nkugirira imbabazi nubwo rwose cyari igikobwa cyiza cyane gusa ngo ibirabagirana byose si zahabu.Mwana wacu wihangane waraturyohereje nka sportif ndababaye gusa humura Imana izagushumbusha undi . |
|
|
| Nimero | Ikipe | Imikino | Amanota |
| 01 | RAYON SPORTS | 25 | 57 |
| 02 | POLICE FC | 25 | 52 |
| 03 | APR FC | 25 | 45 |
| 04 | Mukura VS | 25 | 41 |
| 05 | La Jeunesse | 25 | 39 |
| 06 | As Kigali | 25 | 36 |
| 07 | Kiyovu | 25 | 34 |
| 08 | Musanze | 25 | 33 |
| 09 | AMAGAJU FC | 25 | 30 |
| 10 | As Muhanga | 25 | 26 |
| 11 | Espoir | 25 | 25 |
| 12 | MARINES FC | 25 | 21 |
| 13 | Etincelles | 25 | 18 |
| 14 | Isonga | 25 | 15 |
sorry katau uzabona undi wangu.abakobwa baraha .