N Madjaliwa
Iyo iza kuba nka Filimi, inkuru yo gutandukana kwa Irene Pancras Uwoya hamwe na Hamad Ndikumana ‘Kataut’yari kwegukana igihembo cy’umwaka 2011, amakuru dukesha Ijumaa icyo kinyamakuru cyakurikiranye iminsi 822 y’urukundo rwabo ndetse n’amabanga meshi yari yihishe inyuma y’urukundo rwabo.
Turetse ibyatangajwe na Irene Uwoya ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru, Risasi aho yatangaje yuko atakundaga Kataut!
Urugendo rw’urugo rwabo rwatangiye tariki ya 11 Nyakanga 2009 rukarangira kuwa mbere tariki ya 14 Ugushyingo 2011 biragaragara yuko umugore atigeze yishimira icyo gihe cyose yamaranye n’umugabo.
Impamvu 5 zateye gutandukana
1. Irene Uwoya yashatse kwigenga ntiyabibona
Inshuro nyishi Irene Uwoya yakundaga kuvuga yuko gushakana na Katauti Ndikumana Hamad bimubangamira mu kazi ke, ndetse no gusohoka mu tubyiniriro nkuko byari bisanzwe.
Nyuma y’icyumweru kimwe amaze kubyara umwana w’umuhungu, Krish, icyo gihe yari kwa Mama we yatangaje yuko yifuza kuba yajya munzu babyiniramo mu ijoro, ati ariko ntibyamukundira kubera, umwana ndetse n’umugabo.
2. Yakubitwaga ingumi cyane
Nkuko bitangazwa na’abaturanyi ba Irene Uwoya bo mugace ka Mbezi Jogoo, Dar es Salaam, we ngo n’umugabo we bahoraga barwana ndetse bikagera naho Katauti amukubita ingumi.
Amakuru dukesha ikinyamakuru , Ijumaa Wikienda ngo nyuma yo gukubitwa yahise atangaza yuko kuva tariki ya 14/11/2011 yahise arahira yuko atazongera gukubitwa nibwo yahitagamo gutana na Katauti.
3. Gufuha gukabije kwa Katauti
Byaragaragaye akenshi ko Kataut afuhira cyane umugore we Uwoya Irene, ngo niyo mpamvu yahoraga hafi ya telefone igendanwa y’umugore we acungana na ‘SMS zinjiraga iyo hazaga ubutumwa bugufi muri telefone bw’urukundo buturutse ku bandi bagabo ubwo imirwano yaratangiraga!
Irene Uwoya yigeze gutangaza ngo Hamad Katauti arafuha birenze urugero.
4. Ndikumana Hamad Katauti ngo yari afite undi mugore
Mu gihe Katauti yakubitaga umugore we, Irene Uwoya nawe yamushinjaga kuba afite undi mugore babyaranye mbere yuko ashaka uwo, Katauti yemeraga ko yigeze ku mugira ariko ibyabo byarangiye ko uwo mugore atuye mu Bwongereza.
5. Katauti kwimukira muri Tanzania
Irene Uwoya ntago yishimiraga gutura i Burayi mu gihugu cya Cyprus aho umugabo yakoreraga akazi niyo mpamvu yakundaga gukora ingendo zitarangira muri Tanzania yitwaje ko aje mu kazi ke ko gukina filimi, ibyo byatumaga Katauti nawe atabyishimira. Rimwe na rimwe yaba adafite akazi bikaba ngobwa ko bajyana Dar es Salaam, umugore kuriwe byaramubangamiraga cyane kuko mu migenzo y’abantanzaniya ntago ari byiza yuko umugabo ahora ashoreranye n’umugore.
Kuya 24-05-2013 saa 20:32
Mukura VS abakinnyi 3 bahagaritswe, 5 barasezererwa bashinjwa kwigumura
Kuya 24-05-2013 saa 13:18
Ni iki cyihishe inyuma yo kudahamagarwa kwa MUGABO mu Mavubi?
Kuya 22-05-2013 saa 11:40
Papy muri Rayon Sports, Iranzi muri Yanga n’ibindi bihuha by’ama transfert mu Rwanda
Kuya 21-05-2013 saa 22:17
CECAFA Kagame Cup: APR FC mu itsinda ry’urupfu
Kuya 21-05-2013 saa 10:11
Rutaremera yatengushye abakunzi ba Musanze- Ferwafa ikomeje kuba ku izina gusa
|
Kiza Dayana Kuya 7-06-2012 saa 21:05'
|
|
zanele Kuya 20-11-2011 saa 07:06'
|
|
|
| Nimero | Ikipe | Imikino | Amanota |
| 01 | RAYON SPORTS | 25 | 57 |
| 02 | POLICE FC | 25 | 52 |
| 03 | APR FC | 25 | 45 |
| 04 | Mukura VS | 25 | 41 |
| 05 | La Jeunesse | 25 | 39 |
| 06 | As Kigali | 25 | 36 |
| 07 | Kiyovu | 25 | 34 |
| 08 | Musanze | 25 | 33 |
| 09 | AMAGAJU FC | 25 | 30 |
| 10 | As Muhanga | 25 | 26 |
| 11 | Espoir | 25 | 25 |
| 12 | MARINES FC | 25 | 21 |
| 13 | Etincelles | 25 | 18 |
| 14 | Isonga | 25 | 15 |
Hongera sana uwoya.
Umewatoa a hibu kwa waigizaji wafilamu inchini T.Z .
Ni Kiza dayana. American Oregon