N Madjaliwa
Kuwa kane tariki ya 12/04/2012 Abanyamakuru ba Sports bo mu bitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda, basuye urwibutso rwa Kiziguro mu Ntara y’Iburasirazuba, rushyinguyemo Abatutsi bazize Jenoside yo mu mwaka 1994.
Nyuma yicyo gikorwa kandi mu rwego rwo kwigira ku mateka hubakwa ejo hazaza heza, banasuye ikigo cy’umupira w’amaguru cya Kiziguro kirimo gifasha abana b’abahungu hamwe n’abakobwa mu kuzakina umupira w’amaguru bahesha ishema igihugu cy’u Rwanda.

Uretse ikigo cy’umupira cya Kiziguro hanasuwe ikigo kibarizwa mu mujyi wa Kiramuruzi, naho hari abana bo mu ngeri zose batera ruhago guhera ku myaka 6 kuzamura. Abanyamakuru banatanze ibikoresho harimo imipira yo gukina n’imyenda bambara bari mu myitozo.

Muri urwo rugendo mu Ntara y’Iburasirazuba abanyamakuru baari kumwe na Perezida wa Ferwafa, Ntagungira Celestin Abega hamwe n’umunyamabanga mukuru wa Ferwafa Gasingwa Michel. Hamwe n’abahanzi bagize itsinda ry’abahanzi ba Muzika ritwa Urbun Boys n’umuyobozi wabo Muyoboke Alex.
Imihango yakomereje kuri Petit Stade Amahoro i Remera ahabereye ijoro ryo kwibuka abari abaspotitifu muri rusange, abakinnyi mu mikino itandukanye, abatoza ,abasifuzi n’abakunzi ba sports bose bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ahatangiwe ubuhamya nuwahoze ari umukinnyi muri Rayon Sports Eugene Murangwa, hanerekanwa Filimi ikubiyemo bamwe mu ba Sportifu bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, hanatangwa ibiganiro byinshi ndetse hanacanwa urumuri rw’icyizere cyejo hazaza muri Sports yu Rwanda, ko Siporo ntago ari ubwoko Siporo n’impano.
Dore amwe mu mafoto












Kuya 12-04-2012 saa 01:50
Abanyamakuru ba Siporo baribuka abakunzi b’imikino bazize Jenoside kuri uyu wa kane tariki ya 12/04/2012
Kuya 10-04-2012 saa 12:27
Kalinda Viateur niwe wahimbye amwe mu magambo akoreshwa muri Ruhago mu Rwanda
Kuya 10-04-2012 saa 02:26
Ubuhamya bwa Murangwa: TWIBUKE TWIYUBAKA (Igice cya kabiri)
Kuya 9-04-2012 saa 10:41
Bari bafite ishyaka rya CAN, ahubwo haza Jenoside
Kuya 9-04-2012 saa 02:09
Volleyball : Abakinnyi n’abatoza bazize jenoside yakorewe abatutsi mu 1994
| Nimero | Ikipe | Imikino | Amanota |
| 01 | RAYON SPORTS | 26 | 57 |
| 02 | POLICE FC | 26 | 52 |
| 03 | APR FC | 26 | 46 |
| 04 | Mukura VS | 26 | 42 |
| 05 | La Jeunesse | 26 | 40 |
| 06 | As Kigali | 26 | 39 |
| 07 | Musanze | 26 | 36 |
| 08 | Kiyovu | 26 | 34 |
| 09 | AMAGAJU FC | 26 | 31 |
| 10 | Espoir | 26 | 28 |
| 11 | As Muhanga | 26 | 27 |
| 12 | MARINES FC | 26 | 22 |
| 13 | Etincelles | 26 | 19 |
| 14 | Isonga | 26 | 16 |