N Madjaliwa
Umukinnyi warushije abandi ubuhanga ku mugabane w’Afurika mu mwaka 2011, Yaya Toure, uyu mukinnyi yagize ibihe byiza mu myaka 11 ishize, aho harimo kuba yaregukanye igikombe cya Uefa Champions League ari kumwe na FC Barcelona n’igikombe cya FA ari muri Manchester City.
Kwegura cyangwa guhagarika gukinira ikipe y’igihugu ya Cote d’Ivoire afite imyaka 28, gusa y’amavuko, byatangaje benshi kuko yari kurwego rushimishije mu kibuga.
Benshi baribaza impamvu yafashe icyemezo kimeze gutyo, Whatever the reason nyuma yo guhagarika kuzongera gukinira ikipe y’igihugu hari ibizagaragara muri iyo kipe.
Kwangwa n’abafana biyo kipe
Yaya Toure yari umukinnyi abafana bakunda cyane mu gihugu nyuma ya Didier Drogba. Uyu mukinnyi Yaya Toure wahoze akinira FC Barcelona ubu akab akinira Manchester City ni role model abakinnyi benshi b’abana bigiragaho kugirango nabo bazageze kuri byinshi byiza mu mupira w’amaguru.
Yari kandi umuntu wafashaga cyane mu kurwanya HIV-AIDS, aho yakoraga amatangazo menshi kuri za Televiziyo , kutongera kugaragra mu ikipe y’igihugu, bizatuma atagaragara mu mikino ikomeye nk’igikombe cy’Afurika hamwe n’igikombe cy’isi.
Ibyo bizatuma bamwe mu bafana bamukundaga, bazamuhinduka ahubwo bakajya bamufata nk’umwanzi kubera yahagaritse gukinira ikipe y’igihugu kandi akiri muto ndetse nta n’impavu zigaragara zatumye akora ibyo.
Azatakaza kandi agaciro kuko bamwubahaga
Mu gihe ikipe ya Ivory Coast izitwara neza mu marushanwa nkaya AFCON 2013 hamwe 2014 World Cup adahari Yaya, uyu mukinnyi azaba yarakoze ikosa rikomeye mu buzima bwe muri ruhago.
Ibyo bizatuma atakaza agaciri kuko bamwubahaga yewe ntihazabura nabazatangaza ko nu bundi ntacyo yari amariye ikipe y’igihugu ya Ivory Coast.
Ingaruka kandi zizaza no ku bandi bakinnyi bagenzi be
Wakwibaza ngo ni gute guhagarika gukinira ikipe y’igihugu kuri Yaya Toure kuzagira ingaruka ku bakinnyi bagenzi be? Abakinnyi benshi bari batangaje yuko bazahagarika gukina nibaramuka bategukanye igikombe cy’Afurika cyo mu 2012, ariko nyuma yo kutegukana igikombe ubwo cyatwarwaga na Zambia, nta mukinnyi numwe wigeze akora gutyo.
Ariko guhagarika kwa Yaya Toure gushobora gutuma na bandi begura, nkuko byagendekeye Ubufaransa, nyuma yo guhagarika gukinira ikipe y’igihugu Zinedine Zidane yahise akurikirwa n’abakinnyi nka Lizarazu, Marcel Desailly, Claude Makelele na Lilian Thuram. ibyo bishobora guhita biba ku ikipe ya Ivory Coast.
IVORY COAST itakaje umukinnyi w’ingirakamaro
Kugenda kwa Yaya Toure kuzateza impinduka mu ikipe ya The Elephants. Yari umukinnyi ukina neza hagati haba kurinda izamu cyangwa gufasha bagenzi be imbere gusatira izamu.
Uyu mukinnyi wa Manchester City ni umwe mu bakinnyi beza bakina hagati ku isi ndetse bari bitezweho byiza mu ikipe ya Cote d’Ivoire kubera umupira w’ubwenge akina ndetse n’ingufu nazo azibitseho.
Kubura umuyobozi
Ikipe ya Ivory Coast izaba itakaje umwe mubafatwaga nkaho bari bagize uruhande rwo hagati mu kibuga, yashakishaga imipira ndetse no guhereza bagenzi be, kuko akazi gasa nkaho kagiye guharirwa umukinnyi wa Newcastle Cheik Tiote utarakora izina mu ikipe y’igihugu. Kubura umukinnyi nka Yaya Toure ni ugutakaza umuyobozi mu kibuga.
Kuya 7-10-2012 saa 02:23
Ama derby 10 arusha ayandi gukomera ku isi
Kuya 4-10-2012 saa 01:23
El Clásico cyangwa se El Derbi Español amavu n’amavuko yayo
Kuya 6-08-2012 saa 02:31
Usain Bolt yongeye kwesa undi muhigo mushya !!
Kuya 2-04-2012 saa 03:19
Abakinnyi 20 ba mbere ku isi bafite abafana benshi ku rubuga rwa Twitter
Kuya 29-03-2012 saa 01:54
Ryan Giggs VS Paolo Maldini: Abakinnyi bakwiye kwigirwaho bakinnye imikino isaga 1800 bombi!
| Nimero | Ikipe | Imikino | Amanota |
| 01 | RAYON SPORTS | 25 | 57 |
| 02 | POLICE FC | 25 | 52 |
| 03 | APR FC | 25 | 45 |
| 04 | Mukura VS | 25 | 41 |
| 05 | La Jeunesse | 25 | 39 |
| 06 | As Kigali | 25 | 36 |
| 07 | Kiyovu | 25 | 34 |
| 08 | Musanze | 25 | 33 |
| 09 | AMAGAJU FC | 25 | 30 |
| 10 | As Muhanga | 25 | 26 |
| 11 | Espoir | 25 | 25 |
| 12 | MARINES FC | 25 | 21 |
| 13 | Etincelles | 25 | 18 |
| 14 | Isonga | 25 | 15 |