RUHAGOYACU.com RUHAGOYACU kuri Youtube RUHAGOYACU kuri Twitter RUHAGOYACU kuri Facebook
Amakuru ashyushye Yanditswe kuya 24-05-2013 saa 27:32'  -  Mukura VS abakinnyi 3 bahagaritswe, 5 barasezererwa bashinjwa kwigumura  |  Yanditswe kuya 24-05-2013 saa 20:18'  -  Ni iki cyihishe inyuma yo kudahamagarwa kwa MUGABO mu Mavubi?  |  Yanditswe kuya 22-05-2013 saa 18:40'  -  Papy muri Rayon Sports, Iranzi muri Yanga n’ibindi bihuha by’ama transfert mu Rwanda  |  Yanditswe kuya 21-05-2013 saa 29:17'  -  CECAFA Kagame Cup: APR FC mu itsinda ry’urupfu  |  Yanditswe kuya 21-05-2013 saa 17:11'  -  Rutaremera yatengushye abakunzi ba Musanze- Ferwafa ikomeje kuba ku izina gusa
Amazina y’Amavubi, Gasenyi, Red Devils, Blagrana n’ayandi aya makipe ayakomora he?
Print Views: 1021 Share on Facebook Share on Twitter Text Size

Mu muco nyarwanda iyo umwana amaze iminsi umunani avutse, ababyeyi be batumira abaturanyi bakaza kurya ibyo bita ubunnyano, maze ababyiruka bo muri karitsiye bagaterana amazina bakayava imuzingo ari nako abamwibarutse batoranyamo iriboneye.

Gusa ngo hari ayo ababyeyi batita, aya azwi nk’utubyiniriro agenda ahabwa umuntu uko ajya ejuru, bitewe n’impamvu runaka. Nkuko twabibasezeranyije, uyu munsi tugiye kureba inkomoko ya tumwe mu tubyiniriro twamwe mu makipe akunzwe hanze aha.

Mu gihe imiterere y’umukinnyi n’imikinire ishobora kuba inkomoko yo gutazirwa akazina ku makipe yo amabara yambara rimwe na rimwe ashobora kuba inkomoko y’utubyiniriro utu n’utu. Aha niho uzasanga ikipe ya APR FC yiswe Ibikona, akazina isanjyiye na TP Mazembe kubera kwambara umukara n’umweru ari nako Kiyovu itazirwa ak’Urucaca.

Ni nako kandi mu bwongereza ikipe ya Chelsea na Manchester City ziswe The blues kubera kwambara ubururu, Liverpool igahabwa aka Reds kuko yambara umutuku mu butaliyani uzasanga Inter de Milan yahawe aka Nerazzurri bivuga umukara n’ubururu, Milana AC igatazirwa Rossoneri umutuku n’umukara, maze Juventus bakayita Bianconeri iyi yambara Umweru n’umukara.

Muri Espagne kandi ikipe ya Barcelona, izwi nka Blaugrana ni umutuku n’ubururu mu gi catalougna Villa Real ikitwa Los Submarinos Amarillos mu cy’espagnol cyangwa se Yellow Sub marines mu cyongereza. Bivuga indwanyi zo munsi y’amazi z’umuhondo cyane ko ariryo bara yambara. Gusa ikaba ngo yarahisemo kwitirirwa kurwanira munsi y’amazi, kuko ari agakipe gato ugereranyije n’abo bahora bahanganye nka Real Madrid, Barcelona cyangwa se Valencia.

Real Madrd nayo ifite isinzi ry’utubyiniriro gusa twinshi tugusha kw’ibara ry’imyenda yambara Los Blancos bivuga ko ikipe ari umweru, Los Merengues iri zina barihawe n’umuhanga umwe wabonaga imyenda Bambara isa n’indyo imwe ukunze gukoreshwa n’abafaransa. Nyuma yuko kandi iyi kipe yaguraga abakinnyi bensi baturutse mu majyaruguru yiburayi, aho abaturage baho bari bazwi nka Vikings, nayo yaje kwitw Los Vikings, nyuma kandi yo kwibikaho ibihangange biturutse ku isi nzima Real Madrid yiswe Los Gallacticos.

Gusa hari andi mazina usanga ntaho ahuriye n’ibara ikipe yambara, mu Rwanda, ikipe ya Rayon Sports izwi nka Gasenyi. Mu gushakisha inkomoko y’iri zina twegereye Kanamugire Aloys watoje iyi kipe mu bihe yitwaga ityo.

Hari igihe ikipe ya Rayon Sports yigeze kugira ibihe bitari byiza ariko iza kugira amahirwe ibona umuterankunga Rwandex wanayihaye imodoka yagendagamo mu myitozo ikanahemba abatoza n’abakinnyi noneho kubera ko Rwandex yacuruzaga ikawa, ikaba mbese harabagaho gusya, bya bishishwa by’ikawa nibyo bitaga gasenyi. Ni aho iryo zina ryaturutse.

Si mu Rwanda gusa kandi amazina nk’aya agaragara, nko mu bwongereza ikipe ya Arsenal izwi nka The Gunners cyangwa se abarashi. Iri zina irikura ku kuba inkomoko y’iyi kipe ifite aho ihuriye n’igisirikare. Iyi kipe yashinzwe n’abasirikare bakoraga mu ruganda rw’imbunda Woolwich Arsenal Armament Factory aho hari mu mwaka w’1886.

Manchester United izwi nka Red Devils ni ukuvuga amashitani atukura. Inkomoko y’iri zina ivugwa kwinshi. Bamwe bavuga ko ubwo iyi kipe yazengurukaga mu bufaransa mu myaka ya za 60 yaje kuhitirwa akazina ka Diable rouges cyangwa se Red Devils kubera kwambara imyenda y’umutuku. Nyuma y’urugendo, uwatozaga iyo kipe Sir Matt Busby yakunze iryo zina maze anasaba ko ryarya mu kirango k’ikipe maze Red Devils ngo riza gutyo. Gusa hari abandi bavuga ko iri zina ryaturutse ku ikipe ya Rugby yo mu gace ka Salford yitwaga gutyo. Kuko ngo ari ho Manchester United yakoreraga imyitozo nayo riza kuyigeraho. Mu butaliyani ikipe ya Juventus izwi kandi nka La Vecchia Signora “The Old Lady” cyangwa se umukecuru. Ibi ngo ni uko ariyo kipe imaze igihe kinini muri kino gihugu kandi ifite ibigwi bikakaye.

Reka tujye mu makipe y’ibihugu, dore ko ngo yo n’utubyiniriro harimo bihwanye, duhere mu Rwanda, tubaze Aloys Kanamugire wawukinnye kuva mu myaka ya za 60, inkomoko y’iri zina Amavubi.

“ikipe igitanjyira bashyizeho ikintu kimeze nk’irushanwa hari minisiteri y’urubyiruko na sport isaba abantu ko bashakira izina ikipe y’igihugu hari muri za 74, abantu rero bashobora kuba baratanze amazina menshi ariko mu byo numvise bavuze ko batoranyije Amavubi, mu bisobanuro batanga ntakurikiranye bavuga ko bahisemo amavubi kuko ari agasimba kagenda kakadwinga kagaruka kakadwinga”.

Muri Africa kandi ikipe iherutse kwegukana igikombe cyo kuri uyu mugabane ikunze gutazirwa Cipolopolo cyangwa se Copper Bullet bivuze amasasu ya Cuivre. Ibi ni ukubera ko iki gihugu gicukura cyane amabuye y’agaciro ya Cuivre.

Kuri uyu mugabane dutuye kandi Algeria iri mu itsinda rimwe n’u Rwanda, iyi izwi nka Les Fennecs. Iri zina ni iry’akanyamaswa gasa n’umuhari, kibera mu butayu bwa Arabiya n’ubwa Sahara. Ubu buturanye n’iki gihugu. Aka kagenda ijoro, karya ibiryo byose, kazwiho kugira amatwi maremare, no gupima ikiro n’igice .

Amakipe y’ibihugu, akunze nayo kandi kwitirirwa amabara yambara, ayo ni nk’ubufaransa Les Bleus,kubera kwambara ubururu cyangwa Tricolore, kubera amabara atatu agize ibendera ry’igihugu. Squadra Azzurra, « ikipe y’ubururu » ni iy’abataliyani, Espagne ni la Roja bivuga umutuku. Ubuholandi ni Les Oranges kubera kwambara iryo bara mu gihe Argentine izwi nka La Albiceleste cyangwa se umweru n’ubururu bw’ikirere.

Ariko kandi, amakipe ya Portugal na Brazil ahuriye kuri Seleção bivuga abatoranyijwe. Abadage bo bazwi nka Die Mannschaft bivuga ” ikipe ” mu kirimo cy’iwabo. Ikipe twasorezaho ni ubwongereza ubu buzwi nka Three Lyons cyangwa se intare 3. Izi zigaragara mu birango bya gisirikare by’iki gihugu cy’ubwongereza zikagira inkomoko mu kinyejana cya 12 ku ngoma y’umwami Richard I.


  • AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
    Andika Izina na E-mail yawe ahabugenewe
    Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na RuhagoYacu.com
    Iyo igitekerezo cyawe kitajyanye n’inkuru cyangwa gitandukiriye amahame agenga abasiporitifu kirasibwa.
    Murakoze!

Urutonde rwa shampiyona y’icyiciro cya mbere 2012 - 2013.
Shampiyona igeze ku munsi wa 24
Nimero Ikipe Imikino Amanota
01 RAYON SPORTS 25 57
02 POLICE FC 25 52
03 APR FC 25 45
04 Mukura VS 25 41
05 La Jeunesse 25 39
06 As Kigali 25 36
07 Kiyovu 25 34
08 Musanze 25 33
09 AMAGAJU FC 25 30
10 As Muhanga 25 26
11 Espoir 25 25
12 MARINES FC 25 21
13 Etincelles 25 18
14 Isonga 25 15
Urutonde rurambuye