Group H
Nyuma yo gutsindwa na Algeria bine ku busa mu mukino wa mbere wo gushaka tike yo kujya mu gikombe k’isi cyo mu mwaka wa 2014 kizabera muri Brazil, ikipe y’igihugu y’ u Rwanda Amavubi yari ifite byinshi byo kwereka abakunzi bayo ubwo yakiraga Inkima(Les Écureuils) za Benin.
Umukino watanjyiranye ishyaka ryinshi ku ikipe y’Amavubi aho yabonye amahirwe menshi ariko kuyabyaza umusaruro bikaba ingorabahizi.
Umukinnyi Uzamukunda Elias Baby wari witezweho byinshi n’abakunzi ba ruhago mu Rwanda, ntiyaje guhirwa kuko ku munota wa 23 yahise asimburwa kubera ikibazo cy’imvune yaje kugirira mu myitozo yo kuri uyu wa gatanu ushize w’iki cyumweru.
Dady Birori wasimbuye Baby yagiye abona amahirwe menshi gusa gutsinda umuzamu Farnolle Fabien ntibyari ibye uyu munsi. Nyuma yuko igice cya mbere kirangiye ari ubusa ku busa, mu gice cya kabiri Benin yabaye nk’iyisubiraho nubwo amavubi yakomeje kuyirusha bigaragara ari nako ahusha amahirwe yabazwe.
Uburyo bumwe bugaragara ikipe ya Benin yabonye bwabaye ubw’umukinnyi Razak Omotoyossi ku munota wa 73’ wahise ananyeganyeza inshundura z’umuzamu Ndoli jean Claude.
Ku munota wa 85’ Amavubi yaje kubona Penalty nyuma yuko umukinnyi Adenon Abdou Kaled akoreye ikose Bokota Labama ari nako umunya Ethiopia Bamlak Tessema wari uyoboye uyu mukino yaje kumwereka ikarita itukura cyane ko yari we myugariro wanyuma.
Iyi karita ntiyaje kwishimirwa n’abakinnyi ba Benin bashatse gusagarira umusifuzi uyu aza gutabarwa na Police dore ko yaba Tessema wari ukuwe mu kibuga ndetse na bagenzi be bayobowe n’umukinnyi wa Sunderland Stephan Sessegno basatiriye cyane uyu musifuzi nyuma yo gutanga iyi karita.
Gusa uyu Sessegno yaje kuzana na perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Benin El Hadj Anjorin Moucharafou gusaba imbabazi umusifuzi nyuma y’umukino.
Si bwari ubwa mbere umunya Ethiopie ashaka gukubitirwa ku mahoro kuko Zekariah Girma nawe yaje gusagarirwa cyane n’abakinnyi ba TP Mazembe ndetse akaza no gukubitwa na Basisila Lusadisu ubwo Mazembe yakinaga na APR FC muri CECAFA ya 2010.
Ikipe y’Amavubi yabanje mu kibuga
Bokota yaje gutsinda penalty aba ari nako umukino uranjyira. Nyuma y’umukino umutoza w’ikipe y’ikipe ya Benin Manuel Amoros yavuze ko umukino wabagoye gusa kuko ikipe y’u Rwanda yabarushije ariko bakaba bishimiye inota rimwe babonye. Abajijwe ku myitwarire itari myiza abakinnyi be bagaragaje yavuze ko byatewe cyane n’igitutu bari bafite.
Yagize ati:“Iyo muri gukina umukino, mwatsinze mu minota yanyuma bagatanga penalty, abakinnyi birabagora cyane iyo batayivugaho rumwe, rimwe na rimwe abakinnyi wabumva.”
Ikipe ya Benin yabanje mu kibuga
Ku rundi ruhande umutoza Micho yashimiye abamufashije gutegura uno mukino ndetse n’uwashize. Gusa yababajwe n’uko amahirwe babonye batayabyaje umusaruro “Twinjiye mu mukino dufite ishyaka ryinshi, mu gice cya mbere twabonye amahirwe agera ku icumi ariko ntacyo twayabyaje. Benin yabonye uburyo bumwe umukinnyi wayo Omotoyossi wakinnye imyaka igera ku icumi I burayi ahita atsinda igitego.” Uwo ni umutoza Milutin "Micho" Sredojević.
“Ntago twacitse intege twakomeje gukina tubona penalty ntekereza ko yari nyayo birangira gutyo. Iyo umupira w’amaguru wakurikizaga ubutabera twari kuba twatsinze uyu munsi”.
Mu wundi mukino mw’iri tsinda Ikipe ya Mali imaze gutsinda Algeria ibitego bibiri kuri kimwe bitumye Benin ihita ifata umwanya wa mbere mw’itsinda H n’amanota 4.
Imikino nk’iyi izakomeza mu kwa gatatu k’umwaka utaha Mali yakirwa mu Rwanda gusa Amavubi agomba kwerekeza muri Nigeria mu mpera z’iki cyumweru dutangira, gukina n’ikipe y’igihugu Super Eagles mu mukino wo kwishyura wo gushaka tike yo gukina igikombe cy’Africa cy’umwaka utaha. Umukino ubanza I Kigali amakipe yombi yanganyije ubusa kubusa.
Kuya 9-05-2013 saa 13:40
Urutonde rwa FIFA rusize u Rwanda ku mwanya w’136
Kuya 7-05-2013 saa 07:29
Abatoza barenga 200 barifuza akazi k’Amavubi
Kuya 14-04-2013 saa 08:42
U Rwanda rwongeye gusubira inyuma ku rutonde rwa FIFA
Kuya 26-03-2013 saa 08:46
Ese igihe nticyari kigeze ngo umutoza Micho yegure ?
Kuya 24-03-2013 saa 20:33
Carteron: u Rwanda rwaturushije gukina tubarusha ubunararibonye
|
RWARUTABURA Kuya 11-06-2012 saa 13:16'
|
|
|
| Nimero | Ikipe | Imikino | Amanota |
| 01 | RAYON SPORTS | 25 | 57 |
| 02 | POLICE FC | 25 | 52 |
| 03 | APR FC | 25 | 45 |
| 04 | Mukura VS | 25 | 41 |
| 05 | La Jeunesse | 25 | 39 |
| 06 | As Kigali | 25 | 36 |
| 07 | Kiyovu | 25 | 34 |
| 08 | Musanze | 25 | 33 |
| 09 | AMAGAJU FC | 25 | 30 |
| 10 | As Muhanga | 25 | 26 |
| 11 | Espoir | 25 | 25 |
| 12 | MARINES FC | 25 | 21 |
| 13 | Etincelles | 25 | 18 |
| 14 | Isonga | 25 | 15 |
Ese mu Rwanda twaba twemera ko dufite ikibazo mu gusatira amazamu yabo tuba duhanganye ? kuko urebye imikino kuva muri CECAFA,imikino ya gicuti mpuzamahanga ; nibaza kuki gutsinda ibitego 2 ku MAVUBI
ar’imbonekarimwe ? kunganya bigafatwa nk’intsinzi !!, gutsindwa bikaba byaratubayeho nk’inyonjo,amaherezo yacu azaba ayahe ? UBUSE, INTEGO YO KWIHESHA AGACIRO IRIHE KOKO ? AMAVUBI
ARANZE ABAYE INSINA NGUFI KWERI ? Abanya Nigeria noneho turahishiwe ??!!! OOyaa ndambiwe gutsindwa
niba ataribyo hategurwe iyindi kipe ya ( RWANDA B ) idukure mu isoni birakabije,ubuse bariya bahembwa akayabo nta musaruro, bahemberwa iki ? Jye ndabona hagombye kubaho system uko Coach atsinzwe umukino, akajya anakatwa amafranga ku mushahara mpaka,nawe uko abura umusaruro mu kibuga akanawubura kumushahara,yatsinda akongererwa,ngirango byahindura byinshi,niwo muti usigaye;byamunanira agakorera ubuyi akiyirukana.