Mu myaka ishize ya vuba nuko abakinnyi benshi bakinnye ku mugabane w’Uburayi bitwaye neza berekeza mu bihugu by’Abarabu kujya kuhasoreza gukina umupira w’amaguru, cyane cyane muri Qatar kuko ari abatoza ari abakinnyi niho bakunze kwirukira.
Abakinnyi nka: Gabriel Batistuta, Eric Djemba Djemba, Marcelly Desailly, Christopher Dugarry, Claudio Caniggia, Jay Jay Okocha, Taribo West, Frank na Ronald De Boer, John Utaka, Mario Basler, Hakan Yakin, Paulo Wanchope, Juninho Pernambucano, Stefan Effenberg, Emile Mpenza, Youseff Chippo, Tony Yeaboah, Victor Ikpeba, Titi Camarra, Abedi Pele, Frank Lebouef, Pep Guardiola, Mauro Zarate(ukina muri Inter Milan) bigeze gukina muri Qatar, naho abatoza nka Bruno Metsu, Rene Meulesteen wa Man United, Bora Milutinovic, Emerson Leao, bigeze gutoza nabo muri Qatar hari nabakiriyo.
Hari kandi abakinnyi nka Mamadou Niang, Kader Keita, Karim Zian, Mario Melchiot, Aruna Dindane, na kapiteni wa Koreya y’epfo Lee Jung-Soo tutibagiwe umukinnyi wakanyujijeho muri Real Madrid Raul Gonzales Blanco ubu nawe wamaze kugirana amasezerano n’ikipe ya Al Sadd ya Qatar.
Qatar niyo itarizwi mu mupira w’amaguru mu myaka yashize, ariko ubu mu gihe cy’imyaka ibiri ishize niyo izwi cyane kurusha ibindi bihugu by’abarabu. Ndetse ibyo byigaragaje ubwo FIFA yabereraga kuzakira imikino ya nyuma y’igikombe cy’isi yo mu mwaka 2022. Hagati aho kandi ikipe ya Qatarniyo yegukanye igikombe cyo ku mugabane w’Aziya mu mwaka ushize.
Amakampuni akomeye asigaye ashora imari zayo mu mupira w’amaguru, urugero rwa hafi kuba barabashije kwambika ikipe ya FC Barcelona yari imaze igihe itagira umufatanyabikorwa yandika ku myenda yabo, ariko Qatar Foundation, yabashije kugirana nayo amasezerano.
Ikipe yo mu gihugu cya Spain ya Malaga yaguzwe n’umukire wo muri Qatar, tutibagiwe abaherwe bashya baguze ikipe ya PSG yo muri France, bitwa Qatar Investment Authority.
Nyuma y’igihe kirekire Qatar irushwa n’abaturanyi bayo nka Oman, Saudi Arabia na handi ku bijyanye na Football nibwo nabo Leta ifatanyije n’abakire hamwe n’amakipe yabo nibwo batangije ikintu cyo gushora amafaranga mu mupira w’amaguru, batangiza ikintu cyo kugura abakinnyi b’abanyamahanga b’abahanga nubwo baba bageze mu myaka mikuru ariko bifasha abana babo kubigiraho.
Nibwo Qatar yatangiye kujya igura abakinnyi baturutse ku mugabane w’Uburayi amafaranga menshi ndetse ntibanakatwe imisoro, batangira no kugura abatoza bafite amazina azwi ku isi.
Icyo nicyo cyatumye abakinnyi benshi birukira muri Qatar kubera cash zinarenze izo binjizaga mu Burayi. Leta yakoze ku buryo abakire baho bajya kugura amakipe akomeye ku isi ndetse no gushoramo cash bagura imigabane yazo biri mu byatumye batangaza igihugu cyabo babikesheje umupira w’amaguru.
Kuya 19-03-2013 saa 22:30
Michael Owen bimwe mu bihe yanyuzemo mu mupira w’amaguru
Kuya 19-03-2013 saa 16:03
Kei Kamara Impunzi yavuye muri Sierra Leone none ni Star muri England Premier League
Kuya 11-02-2013 saa 16:21
Ronaldo yabonye umukunzi
Kuya 10-12-2012 saa 16:44
Menya Lionel Messi kuva mu bwana bwe kugeza aho akomeje guca agahigo!!!
Kuya 5-12-2012 saa 14:07
Abakinnyi barushije abandi gutanga pase za nyuma mu gihe cy’imyaka 20 muri Shampiyona y’Ubwongereza
| Nimero | Ikipe | Imikino | Amanota |
| 01 | RAYON SPORTS | 26 | 57 |
| 02 | POLICE FC | 26 | 52 |
| 03 | APR FC | 26 | 46 |
| 04 | Mukura VS | 26 | 42 |
| 05 | La Jeunesse | 26 | 40 |
| 06 | As Kigali | 26 | 39 |
| 07 | Musanze | 26 | 36 |
| 08 | Kiyovu | 26 | 34 |
| 09 | AMAGAJU FC | 26 | 31 |
| 10 | Espoir | 26 | 28 |
| 11 | As Muhanga | 26 | 27 |
| 12 | MARINES FC | 26 | 22 |
| 13 | Etincelles | 26 | 19 |
| 14 | Isonga | 26 | 16 |