RUHAGOYACU.com RUHAGOYACU kuri Youtube RUHAGOYACU kuri Twitter RUHAGOYACU kuri Facebook
Amakuru ashyushye Yanditswe kuya 24-05-2013 saa 27:32'  -  Mukura VS abakinnyi 3 bahagaritswe, 5 barasezererwa bashinjwa kwigumura  |  Yanditswe kuya 24-05-2013 saa 20:18'  -  Ni iki cyihishe inyuma yo kudahamagarwa kwa MUGABO mu Mavubi?  |  Yanditswe kuya 22-05-2013 saa 18:40'  -  Papy muri Rayon Sports, Iranzi muri Yanga n’ibindi bihuha by’ama transfert mu Rwanda  |  Yanditswe kuya 21-05-2013 saa 29:17'  -  CECAFA Kagame Cup: APR FC mu itsinda ry’urupfu  |  Yanditswe kuya 21-05-2013 saa 17:11'  -  Rutaremera yatengushye abakunzi ba Musanze- Ferwafa ikomeje kuba ku izina gusa
Police FC irashaka abakinnyi bane cyangwa batanu
Print Views: 936 Share on Facebook Share on Twitter Text Size

Umutoza wa Police FC Goran Kopunovic aratangaza ko iyi kipe ikeneye abakinnyi nka bane cyangwa batanu mu mwaka wa shampiyona uza 2012-2013.

Nyuma y’uko ikipe ya APR FC isezereye Rayon Sports mu mikino ya kimwe cya kabiri k’igikombe cy’Amahoro, Police yahise ibona tike yo kuzahagararira u Rwanda mu gikombe cya Confederation Cup. Iyi kipe rero, yahise yiyongerera izindi nshingano zo kwitwara neza haba muri iki gikombe ndetse no muri shampiyona.

Nubwo hakiri kare ngo shampiyona y’umwaka utaha itangire, umutoza Goran yatangarije RuhagoYacu ko yatangiye kuvugana n’ubuyobozi bw’ikipe ye mu gushaka uburyo bazitwara neza gihe kizaza. Yagize ati : “Nyuma y’imyaka ibiri ntangiye kumenyera buhoro bihoro u Rwanda, umwaka wa mbere umwanya wa gatatu, umwaka wa kabiri umwanya wa kabiri, birumvikana umwaka utaha ni izindi nshingano kuri jye igikombe ni cyo mpanze amaso cyane.

Umutoza wa Police ariko yakomeje avuga ko gutwara igikombe atari ibintu byava mu kirere ngo bibagweho. Bityo ko bagomba kwitegura bashyizemo ingufu.

“ “Kugirango dutware igikombe dukeneye amaraso mashya, dukeneye abakinnyi bandi bafite uburambe mu kibuga, ubu mfite amazina nk’ane cyangwa atanu. Akazi kange ni ugutanga amazina maze komite yange igatangira kureba uburyo bwo kuboneka ariko mubyukuri nkeneye abakinnyi bane cyangwa batanu muri shampiyona itaha.” Goran Kopunovic.

Nubwo iyi kipe ivuga ko ishaka abo bakinnyi ariko, amakuru ava muri Tanzania avuga ko ikipe ya Yanga igeze kure mu biganiro n’umukinnyi Kagere Meddie wanatsinze ibitego byinshi mu gikombe cy’Amahoro giheruka. Uyu akaba yararangije amasezerano n’ikipe ya Police FC.


  • AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
    Andika Izina na E-mail yawe ahabugenewe
    Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na RuhagoYacu.com
    Iyo igitekerezo cyawe kitajyanye n’inkuru cyangwa gitandukiriye amahame agenga abasiporitifu kirasibwa.
    Murakoze!

Urutonde rwa shampiyona y’icyiciro cya mbere 2012 - 2013.
Shampiyona igeze ku munsi wa 24
Nimero Ikipe Imikino Amanota
01 RAYON SPORTS 25 57
02 POLICE FC 25 52
03 APR FC 25 45
04 Mukura VS 25 41
05 La Jeunesse 25 39
06 As Kigali 25 36
07 Kiyovu 25 34
08 Musanze 25 33
09 AMAGAJU FC 25 30
10 As Muhanga 25 26
11 Espoir 25 25
12 MARINES FC 25 21
13 Etincelles 25 18
14 Isonga 25 15
Urutonde rurambuye