RUHAGOYACU.com RUHAGOYACU kuri Youtube RUHAGOYACU kuri Twitter RUHAGOYACU kuri Facebook
Indi mikino Yanditswe kuya 22-05-2013 saa 19:01'  -  Adolphe Mutoni akomeje gutabarizwa  |  Yanditswe kuya 20-05-2013 saa 8:38'  -  Amagare: Irushanwa rya Criterum Rwamagana mu gutaha ikigo gishya kigisha uyu mukino  |  Yanditswe kuya 20-05-2013 saa 8:22'  -  U 19 U Rwanda rwamenye itsinda rurimo mu gikombe cy’isi  |  Yanditswe kuya 20-05-2013 saa 8:00'  -  Volleyball:UNR ku mwanya wa mbere nyuma yo gutsinda INATEK  |  Yanditswe kuya 20-05-2013 saa 7:37'  -  Ijisho rya Ruhago: Athletisme- Johnson mu kubeshya Minispoc agahima abakunzi b’imikino
Tariki ya 20 Mukura VS iraba yamenye ko iratozwa n’umufaransa
Print Views: 678 Share on Facebook Share on Twitter Text Size

Ikipe ya Mukura Victory Sports iri mu biganiro n’umutoza Didier Gomez Da Rosa ngo abe yatoza iyi kipe nkuko bitangazwa n’umunyamabanga w’iyi kipe Olivier Murindahabi.

Uyu mufaransa ngo ashobora kuza gusimbura umutoza Akoko Godefroid ndetse akaba yahigika umutoza Emmanuel Ruremesha nawe uri mu biganiro n’iyi kipe.

Tuganira n’umunyamabanga w’iyi kipe Olivier Murindahabi yatwemereye ko bari kuvugana n’aba bagabo bombi gusa ko mu minsi ya vuba abafana ba Mukura VS baraba bamenye umutoza w’ikipe yabo.

“Kugeza ubu ntago turamenya umutoza tuzakorana nawe, ariko ntago birenga itariki ya 20 Nyakanga 2012 kuko ariyo abakinnyi bazagaruka mu myitozo ntibizarenga icyo gihe tutaramubona”. Olivier.

Nyuma yuko umutoza Akoko Godefroid asezerewe ndetse n’uko umutoza Ruremesha Emmanuel atoza iyi kipe mu gikombe cy’Amahoro, twashatse kumenya niba haba hari abandi batoza baba bari kuvugana n’iyi kipe kuzabana nayo kuva mu mwaka utaha wa shampiyona. Olivier Murindahabi yakomeje abitubwira:

“Nta mazina menshi dufite ariko hari abo twari twatangiranye kuvugana”

“Duteganya kuvugana na Ruremesha hakaba n’undi mutoza w’umuzungu witwa Didier Gomez Da Rosa ni umufaransa nawe turi kuvugana.

“Duheruka kumwoherereza uko amasezerano twifuza kugirana nawe yamera, ubwo dushoboye kubyumvikanaho nawe yaba umutoza wa Mukura VS umwaka utaha”.

Olivier ariko yavuze ko batarambirije kuri uyu mufaransa gusa, ariko avuga ko hagati ya Ruremesha Emmanuel n’uyu Gomez ariho hazava umutoza wa Mukura VS.


  • AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
    Andika Izina na E-mail yawe ahabugenewe
    Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na RuhagoYacu.com
    Iyo igitekerezo cyawe kitajyanye n’inkuru cyangwa gitandukiriye amahame agenga abasiporitifu kirasibwa.
    Murakoze!

Urutonde rwa shampiyona y’icyiciro cya mbere 2012 - 2013.
Shampiyona igeze ku munsi wa 24
Nimero Ikipe Imikino Amanota
01 RAYON SPORTS 25 57
02 POLICE FC 25 52
03 APR FC 25 45
04 Mukura VS 25 41
05 La Jeunesse 25 39
06 As Kigali 25 36
07 Kiyovu 25 34
08 Musanze 25 33
09 AMAGAJU FC 25 30
10 As Muhanga 25 26
11 Espoir 25 25
12 MARINES FC 25 21
13 Etincelles 25 18
14 Isonga 25 15
Urutonde rurambuye