Kuwa gatanu tariki 13/07/2012 ku isaha ya saa mbiri n’igice mu gitondo kuri Kigali Serena Hotel, habereye umuhango wari wateguwe na Kigali Serena Hotel hatumiwemo abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda, aho basangiranga amafunguro ya mu gitondo harimo no kunyuzwaho ubutumwa bwatangwaga n’abayobozi muri Kigali Serena Hotel ku bijyanye na Promotion ifatanyije n’isosiyete y’indege ya RwandAir Express aho yashyizeho igiciro cyingana n’amadorali 90 y’Amerika kuva i Kigali ukerekeza i Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba bw’u Rwanda aho ucumbikirwa amajoro abiri muri Weekend harimo n’itike y’indege muri icyo giciro twabonye haruguru.
RwandAir kandi ikaba ikangurira abanyarwanda kwitabira ingendo zabo, Kigali-Mombasa, Kigali -Arusha, Kigali- Dar es Salaam, Kigali- Zanzibar na Kigali-Uganda aho hose kandi ukahansanga ama Hotel ya Serena aho ucumbikirwa neza kandi mu mutuzo wanafashijwe mu rugendo neza.
Muri uwo muhango habayeho kwandika amazina y’abanyamakuru bose bari bitabiriye uwo muhango, maze haba tombora aho abanyamakuru babiri batoranyijwe kuzagira urugendo rwa Kigali-Rubavu mu ndege ya RwandAir bakanacumbikirwa muri Lake Kivu Serena Hotel amajoro abiri, bakagaruka i Kigali, abanyamakuru batsinze iyo tombora ni Capton Uwitonze wandika mu kinyamakuru Gasabo na Madjaliwa Niyonsaba umunyamakuru w’ikiganiro Umucyo Sports kuri Radio Umucyo 102.8 FM hamwe na web site yandika kuri Siporo gusa www.RuhagoYacu.com.
Umunyamakuru N Madjaliwa hagati watoranyijwe
RuhagoYacu iganira na Mustafa Arafati, ushinzwe Sales & Marketing Executive Assistant yadutangarije bimwe mu bikorwa bya Kigali Serena Hotel, aho yatangiye avuga yuko iyi Hotel niya banyarwanda bose, asobanura yuko uwacumbitse muri Kigali Serena Hotel, ahabwa serivisi ya Internet, Sauna Massage, na Gym ku buntu nta kiguzi.
Kigali Serena Hotel ikaba inafasha abana b’imfubyi, ibafasha kubahugura ku bijyanye na kazi ka Hotel , ikanabafasha mu masomo, ikindi twatangarijwe nuko Kigali Serena Hotel buri wa gatandatu wa nyuma wu kwezi bafasha abana bakina umukino wa Golf n’abakuru, hanyuma n buri nyuma y’amezi atatu hakaba icyo bita: KIGALI SERENA QUARTERLY MUG, ahakinwa imikino ya Golf ku bana n’abantu bakuru hakanatagwa ibihembo bitandukanye.
Kigali Serena Hotel ikaba ifite salle ziberamo ubukwe iyo wakoresheje ibiribwa byabo ukaba ufite abantu benshi baguha Salle itishyurwa. Kigali Serena Hotel ikaba inafite ikipe y’umupira w’amaguru.
Amwe mu mafoto yuko byari byifashe








Kuya 24-05-2013 saa 13:18
Ni iki cyihishe inyuma yo kudahamagarwa kwa MUGABO mu Mavubi?
Kuya 22-05-2013 saa 11:40
Papy muri Rayon Sports, Iranzi muri Yanga n’ibindi bihuha by’ama transfert mu Rwanda
Kuya 21-05-2013 saa 22:17
CECAFA Kagame Cup: APR FC mu itsinda ry’urupfu
Kuya 21-05-2013 saa 10:11
Rutaremera yatengushye abakunzi ba Musanze- Ferwafa ikomeje kuba ku izina gusa
Kuya 19-05-2013 saa 22:31
Bakame aratangira imyitozo mu minsi mike
| Nimero | Ikipe | Imikino | Amanota |
| 01 | RAYON SPORTS | 25 | 57 |
| 02 | POLICE FC | 25 | 52 |
| 03 | APR FC | 25 | 45 |
| 04 | Mukura VS | 25 | 41 |
| 05 | La Jeunesse | 25 | 39 |
| 06 | As Kigali | 25 | 36 |
| 07 | Kiyovu | 25 | 34 |
| 08 | Musanze | 25 | 33 |
| 09 | AMAGAJU FC | 25 | 30 |
| 10 | As Muhanga | 25 | 26 |
| 11 | Espoir | 25 | 25 |
| 12 | MARINES FC | 25 | 21 |
| 13 | Etincelles | 25 | 18 |
| 14 | Isonga | 25 | 15 |