Nyuma yaho imodoka y’ikipe ya Etincelles yahawe na Perezida Wa Repubulika nk’impano yshyizwe ku isoko ngo igurwe nabifuza kuba bayishyiramo ibindi byuma ngo isubire mu muhanda cyangwa se ikorwemo imbabura.
Imodoka ya Rayon Sports yahawe nk’impano na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame mu mwaka 2003 nayo iboreye ku Muhima RuhagoYacu ijya kureba iyo modoka byavugwaga ko iri mu igaraji itegereje gukorwa yasanze usibye irangi ry’ubururu n’umweru isigaranye, imbere mu modoka yaraboze nta moteri irimo ndetse n’ibindi byuma by’imbere birimo birazana umugesi.
Iyo modoka iparitse hanze nta nubwo iri mu igaraji nk’imodoka izakorwa nkuko twabitangarijwe n’abantu twasanze bayihagaze iruhande b’abakunzi ba Rayon Sports ubwo twayifotoraga bagize ngo ni abayobozi ba Rayon Sports bagiye kuyikoresha kuko batwisanzuyeho batubwira yuko babazwa no kubona imodoka iparitse aho igihe kinini irushaho kwangirika kandi niyo haba ko abantu bateranya ngo ishyirwemo indi moteri nzima ngo byari gushoboka ikibazo ninde uzabikurikirana!!!
Dore amwe mu mafoto y’imodoka Perezida wa Repubulika yahaye Rayon Sports









Kuya 24-05-2013 saa 20:32
Mukura VS abakinnyi 3 bahagaritswe, 5 barasezererwa bashinjwa kwigumura
Kuya 24-05-2013 saa 13:18
Ni iki cyihishe inyuma yo kudahamagarwa kwa MUGABO mu Mavubi?
Kuya 22-05-2013 saa 11:40
Papy muri Rayon Sports, Iranzi muri Yanga n’ibindi bihuha by’ama transfert mu Rwanda
Kuya 21-05-2013 saa 22:17
CECAFA Kagame Cup: APR FC mu itsinda ry’urupfu
Kuya 21-05-2013 saa 10:11
Rutaremera yatengushye abakunzi ba Musanze- Ferwafa ikomeje kuba ku izina gusa
| Nimero | Ikipe | Imikino | Amanota |
| 01 | RAYON SPORTS | 25 | 57 |
| 02 | POLICE FC | 25 | 52 |
| 03 | APR FC | 25 | 45 |
| 04 | Mukura VS | 25 | 41 |
| 05 | La Jeunesse | 25 | 39 |
| 06 | As Kigali | 25 | 36 |
| 07 | Kiyovu | 25 | 34 |
| 08 | Musanze | 25 | 33 |
| 09 | AMAGAJU FC | 25 | 30 |
| 10 | As Muhanga | 25 | 26 |
| 11 | Espoir | 25 | 25 |
| 12 | MARINES FC | 25 | 21 |
| 13 | Etincelles | 25 | 18 |
| 14 | Isonga | 25 | 15 |
Uretse n’imodoka n’umuntu arasaza naho kuba yaratanzwe na H.E. ntibivukga ko itasaza kandi yarayitanze ngo ikoreshwe!!!!!!! Umutima mwiza wamuteye kuyiduha aracyawufite kandi ntayobewe ko imodoka isaza.