Nyuma yo kwikoza mu kiciro cya kabiri mu mwaka wa shampiyona wa 2010-2011, ikipe ya As Muhanga ngo igarukanye ingamba nshya zizayifasha kuguma mu kiciro cya mbere.
Uretse gukuba kabiri ingengo y’imari izajya yifashisha, As Muhanga iranashaka kugira abakinnyi bahamye bazatuma itazaherekeza izindi nkuko byagiye bigenda mu minsi yashize.
Tuganira n’umutoza w’iyi kipe Habimana Sostene, uraza no guhabwa amasezerano mashya kuri uyu wa mbere, yadutangarije ko biteguye bashyizeho umuhate. “Turateganya gutangira imyitozo kuri uyu wa mbere,nta kipe twari twakagize, “turashaka kureba abo twafatamo hanyuma tugatangira imyitozo nyirizina nka nyuma y’ibyumweru bibiri”
Uno mutoza yakomeje atubwira ko nta mazina manini akomeye baraba bari kumwe na bo kuri uyu wa mbere dore ko ngo abazaba batoranywamo ari abakinnyi baturutse mu kiciro cya kabiri ndetse no mu bigo by’amashuri. Nyuma yaho, ngo nibwo bateganya gushaka abandi bari basanzwe bakina mu kiciro cya mbere.
Habimana Sostene ngo muri iyi minsi arimo aravugana no komite ye ku bijyanye n’intego bajyanye mu kiciro cya mbere. Ngo icya mbere bashaka ni ukugumisha As Muhanga mu kiciro cya mbere ikaba itamanuka nkuko byagenze mu myaka yashize.
Sostene twamubajije niba abona bizakunda atubwira ko byaterwa n’ibintu bitandukanye.“Byaterwa n’abakinnyi bigaterwa na komite bigaterwa n’ibintu byinshi, “ibyo byose igihe bizaba bishyizwe mu bikorwa twagerageza kugera kuri izo ntego twiyemeje zo kuguma mu kiciro cya mbere”.
Niba nta gihindutse biteganyijwe ko shampiyona y’umupira w’amaguru mu cyiciro cya mbere izatangira tariki ya 15 z’ukwezi kwa cyenda. Amakipe yose akaba akomeje kwitegura ino shampiyona kugeza ubu itarabona umuterankunga nyuma y’uko amasezerano na Bralirwa arangiriye.
Kuya 22-05-2013 saa 11:40
Papy muri Rayon Sports, Iranzi muri Yanga n’ibindi bihuha by’ama transfert mu Rwanda
Kuya 21-05-2013 saa 22:17
CECAFA Kagame Cup: APR FC mu itsinda ry’urupfu
Kuya 21-05-2013 saa 10:11
Rutaremera yatengushye abakunzi ba Musanze- Ferwafa ikomeje kuba ku izina gusa
Kuya 19-05-2013 saa 22:31
Bakame aratangira imyitozo mu minsi mike
Kuya 19-05-2013 saa 11:59
Stade Kamena ingwa neza- Gaby
| Nimero | Ikipe | Imikino | Amanota |
| 01 | RAYON SPORTS | 25 | 57 |
| 02 | POLICE FC | 25 | 52 |
| 03 | APR FC | 25 | 45 |
| 04 | Mukura VS | 25 | 41 |
| 05 | La Jeunesse | 25 | 39 |
| 06 | As Kigali | 25 | 36 |
| 07 | Kiyovu | 25 | 34 |
| 08 | Musanze | 25 | 33 |
| 09 | AMAGAJU FC | 25 | 30 |
| 10 | As Muhanga | 25 | 26 |
| 11 | Espoir | 25 | 25 |
| 12 | MARINES FC | 25 | 21 |
| 13 | Etincelles | 25 | 18 |
| 14 | Isonga | 25 | 15 |