RUHAGOYACU.com RUHAGOYACU kuri Youtube RUHAGOYACU kuri Twitter RUHAGOYACU kuri Facebook
Indi mikino Yanditswe kuya 20-06-2013 saa 8:26'  -  Volleyball ikipe nkuru: inzira ijya mu gikombe cy’isi izahera mu Rwanda  |  Yanditswe kuya 19-06-2013 saa 30:49'  -  Tour du Congo: Abanyarwanda beretse abandi igihandure  |  Yanditswe kuya 17-06-2013 saa 23:50'  -  Volleyball : APR VC yihereranye UNR mu gihe UNATEK yatunguwe !!  |  Yanditswe kuya 16-06-2013 saa 17:12'  -  Boneventure yegukanye irushanwa ryo kwibuka  |  Yanditswe kuya 14-06-2013 saa 27:27'  -  Volleyball: Ikipe y’igihugu ikomeje kwitwara neza mu mikino ya gicuti
Abafana 3000 muri gahunda yo gufasha Rayon Sports
Print Views: 1187 Comments: 5 Share on Facebook Share on Twitter Text Size

Nyuma y’uko ikipe ya Rayon Sports igiye ihura n’ibibazo bitandukanye muri shampiyona zashize biturutse ku mikoro, abafana bayo kera kabaye biyemeje kuzajya bakusanya inkunga ihoraho yo gutera ingabo mu bitugu ikipe bakunda binyuze muri gahunda y’Abafana 3000.

Iyi ni imwe mu myanzuro yavuye mu nama y’abafana ba Rayon Sports yabaye kuri iki cyumweru aho biganaga imbaraga ibibazo bya hato na hato iyi kipe ikunze kugira muri shampiyona hagati ahanini biturutse ku kwivumbura kw’abakinnyi kuko batahawe umushahara wabo ku gihe.


Inkuru bijyanye

Rayon Sports irashaka kongerera amasezererano Hamiss Cedric na Ntamuhanga Tumaine binyuze mu bafana


RuhagoYacu iganira na Claude Muhawenimana ukuriye abafana ba Rayon Sports, yatangaje yuko iyi gahunda ari yo yari ikwiye muri ino kipe kuko abona ari yo izatanga umusaruro ugaragara.

“Twaricaye dusanga tugomba gushaka umuti w’ikibazo cy’amafaranga ku buryo bw’igihe kirekire”.

“Twasanze tugomba gushaka abantu 3000 bafana Rayon Sports bazajya batanga amafaranga 5000 y’amanyarwanda buri kwezi”.

Ku ikubitiro ngo bahise babona abantu 600 bagomba no kubafasha gukangurira abandi dore ko no ku cyumweru gitaha tariki ya 12/08/2012, bazongera bakicara maze bakareba ikizaba kimaze kugerwaho ari nako aba mbere batangira gutanga amafaranga.

Claude twamubajije kandi ikizere bafite ko kino gikorwa kizagera ku musaruro nyuma y’uko ibyakibanjirije birimo nka Mobile Money, gahunda y’amakarita, SMS n’ibindi bitaciyemo neza, atubwira ko iki gikorwa kihariye.

“Ikizere kirahari, amafaranga 5000 ku kwezi ku bafana ba Rayon Sports yaboneka cyane urebye abantu baje mu nama n’abandi bemeye kudufasha barabishyigikiye”.

“Ikintu turi gushaka ni uburyo amafaranga azajya agera ku ikipe harimo no gufungura konti bityo ibintu bizajye bica mu mucyo”.

Iki gikorwa nikiramuka kigenze neza nk’uko biteganywa aba bafana bonyine ubwabo bazajya bashobora kwikusanyiriza miliyoni zigera kuri cumi n’eshanu(15 000 000) buri kwezi , aya akaba yafasha ikipe haba mu guhemba abakinnyi ndetse n’ibindi bikorwa bitandukanye byayo bya buri munsi.

Kugeza ubu Rayon Sports ntirinjira mu isoko ryo gushaka abakinnyi cyangwa ngo ibe yakongerera abandi amasezerano cyane ko nta mafaranga yari yaboneka nkuko Claude yakomeje abitangaza.

ukurikuraryana Kuya 14-08-2012 saa 06:28'

NGAHO NIMWOHEREZE IBIFRANGA KURI COMPTES ZACU TWIRIRE BASHA...

iv Kuya 14-08-2012 saa 06:27'

Si ukubaca intege ibi ntibizashobaka. Kuvuga byo aba Rayons barabizi. Rayon izaba ikipe ari uko ifashwe n’umuntu cg company ifite amikoro. abafana ba rayon bazarushaho kwishima umunsi izaba ibasha gutsinda udukipe twose two mu Rwanda, noneho igasohokera iguhugu ubundi stade zikongera zikagira ubushyuhe. Ubundi se naho abo 3000 bayatanga, gestion yayo wamenya izagenda ite? Ese ubundi kuki badashaka kuyirekura? nu ukuyikunda gusa se? cg nu uko babona imbehe bariragaho yaba imenetse! Kuba umukunzi wa Rayon ny=taho buhuriye no kuba nyirayo. umusanzu wanjye ni uko nzanjya nishyura hamwe n’abandi ba rayon tukuzura stade maze ikipe ikinjiza. Ubundi se uwo si umusanzu kandi utubutse? ayo mafranga akoreshwa ate nyuma???????????????? ntujya kumva ngo abakinnyi ntibahembwe!!! Ese ubundi ahandi mwumvise ikipe itunzwe n’abafana nihe?? Yanga se, simba se? APR se? Police se? Vita se? Express se?.....Rwose mbisubiremo, Rayon ni ikipe ikundwa na benshi ariko gutanga amafranga yawe akaribwa n’abandi sibyo. Nisegure ariko nta muntu n’umwe ngandishije yari yifitiye gahunda yo gufasha ikipe, ni igitekerezo cyanjye. Murakoze

KAMANA MANZI Kuya 9-08-2012 saa 03:01'

Bravo Fans ba Gikundiro. Iki gitekerezo nicyo 100%. Abakirwanya ni abadashaka ko ikipe yacu ikomera. Aandika hano bose ntabwo ari abakunzi bacu turabizi neza.

Ibyo kuvuga ngo amafaranga azacungwa ate? NIBA HARI COMPTE AMAFARANGA ZANYUZWAHO hazabaho n’abasinyira ayo mafaranga bagahemba abakinnyi. Hzabaho no gusobanhura icyo amafaranga yakoze. Ibyo bizakorwa n’ubuyobozi.

Nimuduhe iyo compte ahubwo mwirebere. Ikindi nasaba ni uko abo bantu 600 BAMAZE KUBONEKA nibahabwe inshingano zo kuzana abandi 5 kuri buri muntiu kandi ntibababura.

Murakoze.

bigenga Kuya 8-08-2012 saa 06:02'

gasenyi nta bayobozi ugira ugira abakwihishemo gusa,bakwiyitirira.abo niba abatavuye muri rayon ba olivier, ba masumbuko,ba ntampaka abo nabandi bose badafite akandi kamaro usibye gusenya ntacyo muzageraho.ayo mafaranga muzayatanga apfubusa

tom Kuya 8-08-2012 saa 03:37'

ahaaaaaaaaaaaaaaa ibyo nyine buri mwaka niko biba bimeze abafana bo barahari ariko habuze gahunda inoze yo kubabyaza umusaruro ubwo se ni kizere ki mwaduha cy’uko ayo mafaranga azajya akoreshwa neza doreko ari nayo mpamvu nyamukuru yatumye uburyo bwakoreshejwe mbere butagiye bugenda neza aho ndavuga nka mobile money sms n’ibindi kuko ntiwatanga amafaranga 1,2,3 utazi niba aho uyohereza ariho yagenewe ubwo rero bayobozi mudusobanurire neza uburya ayo ma cach azacungwa na security yaba irimo naho ubundi kwitabira byo turi tayali!


  • AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
    Andika Izina na E-mail yawe ahabugenewe
    Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na RuhagoYacu.com
    Iyo igitekerezo cyawe kitajyanye n’inkuru cyangwa gitandukiriye amahame agenga abasiporitifu kirasibwa.
    Murakoze!

Urutonde rwa shampiyona y’icyiciro cya mbere 2012 - 2013.
Shampiyona igeze ku munsi wa 26
Nimero Ikipe Imikino Amanota
01 RAYON SPORTS 26 57
02 POLICE FC 26 52
03 APR FC 26 46
04 Mukura VS 26 42
05 La Jeunesse 26 40
06 As Kigali 26 39
07 Musanze 26 36
08 Kiyovu 26 34
09 AMAGAJU FC 26 31
10 Espoir 26 28
11 As Muhanga 26 27
12 MARINES FC 26 22
13 Etincelles 26 19
14 Isonga 26 16
Urutonde rurambuye