RUHAGOYACU.com RUHAGOYACU kuri Youtube RUHAGOYACU kuri Twitter RUHAGOYACU kuri Facebook
Amakuru ashyushye Yanditswe kuya 24-05-2013 saa 27:32'  -  Mukura VS abakinnyi 3 bahagaritswe, 5 barasezererwa bashinjwa kwigumura  |  Yanditswe kuya 24-05-2013 saa 20:18'  -  Ni iki cyihishe inyuma yo kudahamagarwa kwa MUGABO mu Mavubi?  |  Yanditswe kuya 22-05-2013 saa 18:40'  -  Papy muri Rayon Sports, Iranzi muri Yanga n’ibindi bihuha by’ama transfert mu Rwanda  |  Yanditswe kuya 21-05-2013 saa 29:17'  -  CECAFA Kagame Cup: APR FC mu itsinda ry’urupfu  |  Yanditswe kuya 21-05-2013 saa 17:11'  -  Rutaremera yatengushye abakunzi ba Musanze- Ferwafa ikomeje kuba ku izina gusa
Urugendo rw’Amavubi U 2O muri CAN 2013 rwarangiriye muri Mali
Print Views: 731 Share on Facebook Share on Twitter Text Size

Amajonjora U 20 umukino wo kwishyura

Mali 3:0 Rwanda( 4:2 mu mikino yombi)

Ikibazo mfite kuri iyi kipe ni uko kuva yaba iy’abatarengeje imyaka 20 itazwi gutsindwa icyo ari cyo” Richard Tardy.

Kimwe mu byo umutoza w’ikipe y’abatarengeje imyaka 20 Richard tardy yahoraga afitiye ubwoba gisa nk’icyamubayeho ku mugoroba wo kuri uyu wa gatandatu tariki 11/08, ubwo ikipe atoza yatsindwaga ibitego bitatu ku busa igahita inasezererwa ku bitego bine kuri bibiri mu mikino yombi yo gushaka itike yo kujya mu gikombe cy’Africa cy’abari munsi y’imyaka 20.

Nyuma y’uko iyari ikipe y’abatarengeje imyaka 17 yakinnye igikombe k’isi ihinduriwe abatarengeje imyaka 20, yari itaratsindwa umukino n’umwe ndetse yari imaze imikino 4 yikurikiranya itsindira hanze.

Umukino w’aya mavubi mato I Bamako watangiye ikipe ya twa kagoma duto twa Mali isa nkaho ishaka gutsinda hakiri kare kuko yarushaga bigaragara ikipe y’u Rwanda. Ndetse kandi n’ubwo igice cya mbere cyarangiye ari ubusa ku busa ariko Mali yari yabonye amahirwe menshi.

Mu gice cya kabiri ni bwo ibintu byabaye bibi kuri U 20 kuko umunota wa 52 wasize batsinzwe ibitego bibiri ku busa aho umukinnyi Samba Diallo yari yananiwe guhagarikwa n’abinyuma b’Amavubi mato.

Ubwo u Rwanda rwageragezaga gushaka igitego kimwe cyashoboraga kuberekeza mu minota y’inyongera ahubwo rwaje gutsindwa igitego cya gatatu maze umukino urangira utyo.

Urugendo rero rw’ikipe y’abatarengeje imyaka 20 rwo kuba bajya mu gikombe cy’Africa rwaje kurangirira I Bamako dore ibitego bibiri kuri kimwe bari batsinze mu mukino ubanza ntacyo byabamariye.

Ikipe ya Mali izakina na Zambia mu kwezi kwa cyenda maze ikipe imwe muri izi abe ari yo izajya mu gikombe cy’Africa ku bakinnyi bari munsi y’imyaka 20. Zambia yazamutse byoroshye nyuma y’uko Lesotho bagombaga gukina yikuye mu marushanwa.


  • AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
    Andika Izina na E-mail yawe ahabugenewe
    Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na RuhagoYacu.com
    Iyo igitekerezo cyawe kitajyanye n’inkuru cyangwa gitandukiriye amahame agenga abasiporitifu kirasibwa.
    Murakoze!

Urutonde rwa shampiyona y’icyiciro cya mbere 2012 - 2013.
Shampiyona igeze ku munsi wa 24
Nimero Ikipe Imikino Amanota
01 RAYON SPORTS 25 57
02 POLICE FC 25 52
03 APR FC 25 45
04 Mukura VS 25 41
05 La Jeunesse 25 39
06 As Kigali 25 36
07 Kiyovu 25 34
08 Musanze 25 33
09 AMAGAJU FC 25 30
10 As Muhanga 25 26
11 Espoir 25 25
12 MARINES FC 25 21
13 Etincelles 25 18
14 Isonga 25 15
Urutonde rurambuye