IMVO N’IMVANO
RuhagoYacu yashinzwe na Urukundo Eric waje kwitaba Imana tariki ya 24/09/2011 azize uburwayi. RuhagoYacu ni umushinga watangiye ari Blog ugitangira hari intego yo gutangaza amakuru meza kandi ashimisha abakunzi ba ruhago mu Rwanda n’abanyarwanda muri rusange. Blog yaje gukundwa biba ngombwa ko hashingwa website kuko hari byinshi byari bimaze kuboneka byagezwa ku bakunzi ba ruhago mu Rwanda ndetse n’abari mu mpande zose z’isi.
Impamvu izina RuhagoYacu
Impamvu izina RuhagoYacu ni uko mu Kinyarwanda umupira w’amaguru bijyanye na ruhago naho kuba twarongeyeho yacu ni ukuvuga ko dushaka ko natwe Abanyarwanda ruhago iba iyacu.
INTEGO
Intego ya RuhagoYacu ni ugutangariza Abanyarwanda amakuru mashya kandi afitiwe gihamya ya ruhago n’indi mikino ,ayo makuru akazajya aba ari mu Kinyarwanda. Si itangazamakuru gusa kuko muzajya musanga byinshi mu bitekerezo bya bamwe mu bantu bagiye bakora amateka muri ruhago mu Rwanda n’ahandi ku isi. RuhagoYacu ikaba izaba ihuriro ry’Abanyarwanda mu gutanga ibitekerezo no mu kureba uko twazamura umupira w’amaguru mu Rwanda ndetse nindi mikino.
Managing Director
Joe Bizdal
Phone: +(250)786501022
Chief Creative & C. Officer
MBABANE T- Francis
Phone: ######
Chief Editor
DUKUZE Jean de Dieu
Phone: +(250)788293723
Chief Technical Officer
BARAKA Patient
Phone: (+250)788215324